U Bufaransa: Yibye utuhindu tw’ivu ry’abapfuye atwitiranya n’amacupa y’inzoga, ahita atabwa muri yombi
Umugabo utagira aho aba yatawe muri yombi mu mujyi wa Fréjus, mu Ntara ya Var mu Bufaransa, nyuma yo kwinjira mu nzu ikora serivisi zo gushyingura akiba ibibindi (urnes) bibikwamo ivu ry’abatwitswe, abeshywe n’uko yabitekerezaga ko ari amacupa manini arimo inzoga.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026, ubwo uwo mugabo yamenaga urugi rw’iyo nzu mbere yo kwinjiramo.
Akigera imbere, yafashe ibibindi bibiri byari byerekanwe muri iyo nzu. Imiterere yabyo ngo ni yo yamuteye kwibwira ko birimo inzoga, atazi ko ari ibibikwamo ivu ry’abantu bitabye Imana.
Nyuma gato yo kwinjira muri iyo nzu, impuruza y’umutekano yahise ivuga, bituma umuyobozi w’iyo sosiyete ihita ahagera. Icyakora, agezeyo uwo mugabo yari yamaze kugenda yitwaje ibyo yari yibye.
Amakuru agaragaza ko yerekeje mu gace ka La Gabelle, aho yashakaga kunywera ibyo yatekerezaga ko ari inzoga yibye.
Icyakora, yahise atungurwa no gusanga ibyo yari yitwaje atari amacupa y’inzoga. Kimwe muri ibyo bibindi cyari kirimo ubusa, mu gihe ikindi cyari kirimo ivu ry’umuntu witabye Imana.
Akimara kumenya ibyo yari yibye, yahise abita aho yari ageze aragenda.
Polisi yaje gushakisha ibyo bibindi irabibona, ibisubiza ikigo cyari cyabyibwe. Kuba kimwe muri byo cyari kirimo ivu ry’umuntu witabye Imana byatumye iki kibazo gifatwa nk’icyoroshye, kuko ivu ry’abapfuye rifite agaciro gakomeye ku miryango yabo no mu kubungabunga icyubahiro cy’abitabye Imana.
Uwo mugabo yahise atabwa muri yombi, ajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Fréjus–Saint-Raphaël kugira ngo akorweho iperereza ku byaha akekwaho birimo kwinjira mu nyubako mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kwiba.
Nyuma yo kubazwa, yashyikirijwe ubushinjacyaha maze agezwa imbere y’urukiko mu iburanisha ryihuse ryabaye ku wa Mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026.
Iyi nkuru yakuruye abantu benshi kubera uburyo budasanzwe uwo mugabo yitiranyije ibyo yibye. Nubwo bigaragara ko atari azi ko ari kwiba ibibindi bibikwamo ivu ry’abapfuye, ibyo ntibyakuyeho uburemere bw’ibyaha akurikiranyweho birimo kumena urugi rw’ubucuruzi no kwiba umutungo w’abandi.
Nubwo ibyo bibindi byaje gusubizwa ba nyirabyo, iki gikorwa cyasize kibabaje cyane, cyane cyane kubera ko kimwe muri byo cyari kirimo ivu ry’umuntu witabye Imana.
