AmakuruAmakuru ashushyePolitiki

Perezida kagame yumvise amarira yabenshi maze yongera amafaranga ya pansiyo

Nyuma yigihe kirekire abanyarwanda bijujutira amafaranga make bahabwaga ya pansiyo ndetse nayimpanuka zituruka Ku akazi , perezida wa repubulika y’u Rwanda  Paul kagame yayongereye ku buryo hari nabakubiwe inshuro zirenga 2.

Muri iri teka, ingingo yaryo ya 2 ivuga ko amafaranga y’ubwiteganyirize bwa pansiyo n’ay’ibyago bikomoka ku kazi ahabwa uwiteganyirije adashobora kujya munsi y’ibihumbi cumi na bitatu (13.000 FRW) ku kwezi. Aya mafaranga ya pansiyo n’ay’ibyago bikomoka ku kazi yongerewe mu buryo bugaragaza ko uwabonaga macye yazamuriwe ku kigero kiri hejuru ugereranyije n’uwabona menshi.Nkuko bigarara mu igazeti ya leta yasohotse Ku wa 16 Mata 2018, uwahabwaga amafaranga y’u Rwanda ari hagati y’ibihumbi bitanu na magana abiri na rimwe (5.201 FRW) n’ibihumbi icumi (10.000 FRW) ku kwezi, yongerewe amafaranga ku kigero kiva kuri 149,8% kugeza ku 101,04%.

Uwahabwaga amafaranga ari hagati y’ibihumbi icumi n’ifaranga rimwe ry’u Rwanda (10.001 FRW) n’ibihumbi makumyabiri (20.000 FRW) ku kwezi, yongerewe amafaranga ava ku kigero kingana na 100,9% kugera kuri 63,02% ku kwezi. Uwahabwaga amafaranga ari hagati y’ibihumbi makumyabiri n’ifaranga rimwe (20.001 FRW) n’ibihumbi mirongo itanu (50.000 FRW) ku kwezi, yongerewe amafaranga ava ku kigero kingana na  63% agera kuri  34,22%. Naho uwahabwaga amafaranga ari hagati y’ibihumbi mirongo itanu n’ifaranga rimwe (50.001 FRW) n’ibihumbi ijana (100.000FRW) ku kwezi, yongerewe amafaranga , ava ku kigero kingana na 34,2% agera kuri  22,1%.

Uwahabwaga amafaranga ari hagati y’ibihumbi ijana n’ifaranga rimwe (100.001 FRW) n’ibihumbi magana abiri (200.000 FRW) ku kwezi, yongerewe amafaranga ,ava ku kigero kingana na 22,08% kugeza kuri 13,56%. Naho uwahabwaga amaga amafaranga ari hagati y’ibihumbiy’ibihumbi magana abiri n’ifaranga rimwe (200.001 FRW) n’ibihumbi magana atanu (500,000 FRW) ku kwezi, yongerewe amafaranga ava ku kigero kingana  13,54% kugeza kuri 5,74%.
Ni mu gihe kandi uwahabwaga amafaranga ari hagati y’ibihumbi magana atanu n’ifaranga rimwe (500.001 FRW) na miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ku kwezi, we yongerewe amafaranga ava ku kigero cya  5,74% kugeza kuri 0,504%. Abasanzwe bahabwa amafaranga ya pansiyo cyangwa ay’ibyago bikomoka ku kazi ari hejuru ya miliyoni (1.000.000 FRW) ku kwezi, bahawe inyongera iri hagati ya 0,502% na 0,071% ku mafaranga basanzwe bahabwa.
Aya mafaranga yatangwaga n’ikigo cy’ubwiteganyirize RSSB yongerewe mu gihe hirya no hino mu gihugu ababaga baravuye Ku kazi bageze mu za bukuru batahwemaga gutakamba bavuga ko ari make bavuga ko ari intica ntikize ndetse bakanavuga ko ayo bahabwa Ku byago bitewe nakazi ari ntacyo abamarira bitewe nubuke bwayo
Iri tangazo ryashijweho umukono na H.E PAUL KAGAME, Minisitiri w’ intebe EDOURD NGIRENTE, na Minisitiri w’Ubutabera/Intumwa Nkuru ya Leta BUSINGYE Johnston.
Twitter
WhatsApp
FbMessenger