AmakuruPolitiki

Amerika yibuka imyaka 25 ishize ibitero bya 9/11

Kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika iribuka imyaka 25 ishize habaye ibitero by’iterabwoba byagabwe ku butaka bwayo, byahitanye abantu 2,977 ndetse bigasiga amateka akomeye ku mutekano n’imiyoborere y’iki gihugu.

Imihango yo kwibuka iritabirwa n’abayobozi batandukanye, barimo Visi Perezida JD Vance ndetse n’abahoze ari Abaperezida ba Amerika bakiriho. George W. Bush, wari Perezida ubwo ibi bitero byabaga, na we ari mu bazifatanya n’imiryango y’abahitanywe na byo.

I New York, umuhango nyamukuru urabera ku rwibutso rwa 9/11 ruri i Manhattan, aho abitabiriye bibuka abantu baguye mu bitero byagabwe ku nyubako za World Trade Center.

Ku wa 11 Nzeri 2001, indege zari zashimuswe n’abarwanyi ba Al-Qaeda zagonganye n’iminara yombi ya World Trade Center i New York, mu gihe indi ndege yashimutiwe yagonze inyubako ya Pentagon muri Virginia. Indege ya kane na yo yari igana i Washington, ariko yaguye mu gace ka Shanksville muri Pennsylvania nyuma y’uko bamwe mu bagenzi bayo bagerageje guhangana n’abayishimuse.

Mu muhango wo kwibuka i New York, harateganyijwe iminota yo guceceka ijyanye n’ibihe by’ingenzi byaranze ibyo bitero, birimo igihe indege zagongaga inyubako ndetse n’igihe iminara ya World Trade Center yasenyukaga.

Abagize imiryango y’abahitanywe n’ibitero barasoma amazina y’abantu 2,977 babuze ubuzima i New York, i Washington no muri Pennsylvania. Hanibukwa kandi abantu batandatu bishwe mu gitero cyagabwe kuri World Trade Center mu 1993.

Perezida Donald Trump na we ari mu bikorwa byo kwibuka, aho ayobora umuhango ubera ku nyubako ya Pentagon muri Virginia, mu rwego rwo guha icyubahiro abahitanywe n’icyo gitero.

Muri Shanksville, Pennsylvania, harabera undi muhango wo kwibuka abari mu ndege ya kane yaguye muri ako gace. Abagenzi bari muri iyo ndege bagerageje kurwanya abayishimuse, bituma itagera ku cyerekezo yari igiyeho i Washington.

Kwibuka imyaka 25 ya 9/11 ntibigarukira muri Amerika. No mu Bwongereza, i London, habaye umuhango wo guha icyubahiro abahitanywe n’ibitero, harimo n’Abongereza bari mu babuze ubuzima. Igikorwa cyabereye muri Queen Elizabeth Olympic Park.

Abasesenguzi bavuga ko, nubwo hashize imyaka 25, umurage w’ibitero bya 9/11 ugikomeje kugira uruhare mu biganiro bijyanye n’umutekano, politiki ndetse n’imibereho y’Abanyamerika. Ibyo bitero byagize uruhare mu guhindura uburyo Amerika n’ibindi bihugu bireba ikibazo cy’iterabwoba n’umutekano mpuzamahanga.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger