Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga yakiriye ku meza abakinnyi n’abatoza b’ikipe ya APR FC
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga yakiriye ku meza abakinnyi n’abatoza b’ikipe ya APR FC ku Birindiro Bikuru by’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, agamije kubashimira ibikombe bitatu begukanye mu mwaka w’imikino wa 2025/26.
Iki gikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Gicurasi 2026, nyuma y’aho ikipe y’Ingabo z’u Rwanda ishyikirijwe igikombe cya Shampiyona cya 2025/26 yegukanye.
Iki gikorwa cyitabiriwe kandi n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vicent Nyakarundi, Umugaba w’Inkeragutabara Maj Gen Alex Kagame n’abandi bayobozi bakuru muri RDF, kikaba cyateguwe mu rwego rwo guha icyubahiro APR FC kubera umusaruro udasanzwe yagezeho mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Iyi kipe yanditse amateka yegukana ibikombe bitatu bikomeye ari byo Igikombe cya Shampiyona ya BK Premier League, Igikombe cy’Amahoro ndetse n’Igikombe kiruta ibindi (Super Cup).
Gen Mubarakh Muganga yavuze ko ibi birori ari uburyo bwo gushimira ikipe ku musaruro mwiza n’ubwitange yagaragaje mu mwaka wose w’imikino.
Yagize ati: “Ndabashimira mwese ku bwitange no ku gukorana umurava mwagaragaje. Ni ukubera akazi gakomeye, ubumwe n’umuhate byatumye twizihiza iyi ntsinzi uyu munsi. Mwerekanye kwitwararika n’ubushobozi bwo guhatana budasanzwe. Aho mwahuye n’imbogamizi zitandukanye mwakomeje kugumana ubumwe mu bihe by’intsinzi no mu bihe bikomeye, mugaragaza ukwihangana, kutadohoka no gukorera hamwe nk’ikipe.”







