AmakuruAmakuru ashushyePolitiki

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yagabanyije Abaminisitiri uturere buri wese agomba gukurikirana.

Guverinoma nshya y’u Rwanda igizwe n’abayobozi 26 harimo Abaminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta bahawe inshingano zo gukurikirana uturere 30 tugize u Rwanda buri wese ahabwa ako agomba kubera imboni.

Iki gikorwa cyo guha buri wese ugize Guverinoma nshya y’ u Rwanda y’uyu mwaka wa 2018, inshingano zo kuba imboni y’uturere byakozwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Eduard, hari bamwe bagiye bahabwa uturere tubiri kugira ngo buri karere kagire ugahagararira.

Ibi byabayeho nyuma y’uko abagize iyi Guverinoma ari bake ukurikije umubare w’uturere kuko ari 26 mu turere 30, mu gihe ubushize bari 31, ibi Abaminisitiri n’Abanyamabanga ba Leta babimenyeshejwe binyuze mu ibaruwa yo ku wa 5 Ugushyingo 2018.

Rigira riti “By’umwihariko muzakurikirana uko imihigo y’akarere igenda igerwaho, munatanga inama zafasha gukemura ibibazo ubuyobozi bw’akarere bugenda buhura nabyo mu iterambere. Musabwe gusura akarere mushinzwe nibura rimwe mu kwezi, mugatanga raporo y’uko gahagaze. Ni ngombwa kandi kugena gahunda y’uburyo muzajya musura imirenge yose igize akarere mushinzwe.”

Uko Abayobozi bose bahawe inshingano zo kuba imboni z’Uturere

  1. Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Ingabire Paula, yahawe Bugesera
  2. Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Gashumba Diane, yahawe Burera
  3. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi Mategeko, Uwizeyimana Evode, yahawe Gakenke
  4. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Sezibera Richard, yahawe Gasabo
  5. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Ndimubanzi Patrick, yahawe Gatsibo
  6. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yahawe GICUMBI
  7. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Munyakazi Isaac, yahawe Gisagara
  8. Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Gatete Claver, yahawe Huye
  9. Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yahawe, Dr Ndagijimana Uzziel, yahawe Kamonyi
  10. Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Biruta Vincent, yahawe Karongi
  11. Minisitiri muri Primature ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Kayisire Marie Solange, yahawe Kayonza na Rwamagana
  12. Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Clare Akamanzi, yahawe Kicukiro.
  13. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, yahawe Kirehe
  14. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Igenamigambi, Dr. Uwera Claudine, yahawe Muhanga
  15. Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Geraldine, yahawe Musanze
  16. Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, yahawe Ngoma
  17. Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirahabimana Solina, yahawe Ngororero
  18. Minisitiri w’Uburezi, Dr. Mutimura Eugene, yahawe Nyabihu
  19. Minisitiri w’Urubyiruko, Mbabazi Rosemary, yahawe Nyagatare
  20. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo ushinzwe Gutwara Abantu n’Ibintu, Uwihanganye Jean de Dieu, yahawe Nyamagabe
  21. Minisitiri w’Ubucuruzi n‘Inganda, Hakuziyaremye Soraya, yahawe Nyanza
  22. Umuyobozi mukuru w’Ikigo gishinzwe amabuye y’agaciro, ibikomoka kuri peteroli na gaz, Francis Gatare, yahawe Nyarugenge
  23. Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yahawe Nyaruguru
  24. Minisitiri w’Ingabo, Maj. Gen. Murasira Albert, yahawe Rubavu
  25. Minisitiri w‘Umuco na Siporo, Nyirasafari Espérance, yahawe Ruhango
  26. Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Uwizeye Judith, yahawe Rulindo
  27. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase, yahawe gukurikirana Rusizi na Nyamasheke
  28. Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi , Kamayirese Germaine, yahawe Rutsiro

Iri tangazo rivuga ko abagize Guverinoma bagomba gukurikirana uko gahunda za Leta zishyirwa mu bikorwa muri rusange.

Abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda
Itangazo ryasohotse kuwa 5Ugushyingo 2018
Twitter
WhatsApp
FbMessenger