Amato atatu yarasiwe mu muhora wa Hormuz, Iran ishinjwa kubigiramo uruhare
Ikigo cy’Ubwongereza gishinzwe gukurikirana umutekano w’ubwikorezi bwo mu nyanja, UK Maritime Trade Operations (UKMTO), cyatangaje ko kuri uyu munsi habaye ibindi bitero byibasiye amato mu muhora wa Hormuz.
Amakuru atangwa n’iki kigo agaragaza ko ubwato bwa kabiri bwagabweho igitero buri hafi y’inkombe za Iran, ku ntera igera kuri kilometero 14, kandi kugeza ubu bukiri aho bwagabweho igitero.
Iperereza ryakozwe na BBC Verify ryerekana ko ubu bwato bwari bwanditse muri Panama, nubwo bufitwe n’ikompanyi ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Iki gitero cyabaye gikurikiye ikindi cyari cyabanje kugabwa ku bwato bw’Abagereki bwitwa Epaminondas, bwari buri hafi ya kilometero 27 uvuye ku nkombe za Oman. Amakuru ya UKMTO avuga ko icyo gitero cyagizwemo uruhare n’ingabo za Iran zizwi nka Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).
Si ibyo gusa, kuko hari n’ubundi bwato bwa gatatu bwibasiwe mu gihe bwageragezaga kuva muri uwo muhora. Amakuru atangwa n’ikigo cy’ubutasi mu nyanja cya Vanguard agaragaza ko ubwo bwato bwitwa MSC Francesca, nabwo bwanditse muri Panama, bwarasiwe hafi ya kilometero 11 uvuye ku nkombe za Iran.
Vanguard ikomeza ivuga ko ingabo za IRGC zategetse ubu bwato guhagarara aho bwari bugeze nyuma yo kubugabaho igitero.
Ku rundi ruhande, UKMTO isobanura ko mu kindi gikorwa cyabereye hafi ya Oman, ubwato bw’imizigo bwegerewe n’uduto tw’intambara twari twitwaje intwaro turemereye tudatanze n’imbuzi. Nyuma yo kwegera, ngo twahise turasa kuri ubwo bwato, bigatuma igice cyabwo cy’imbere cyangirika cyane.

