AmakuruPolitiki

Abadepite ba Kivu y’Amajyepfo bashyizeho igitutu cyo kweguza Guverineri Jean-Jacques Purusi Sadiki

Abadepite 18 bagize Inteko Ishinga Amategeko y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Democratic Republic of the Congo batangaje ko bateguye inyandiko igamije gukuraho icyizere bafitiye Guverineri w’iyo ntara, Jean-Jacques Purusi Sadiki, bashinja imyitwarire mibi n’imicungire idahwitse y’umutungo wa Leta.

Iyo nyandiko yashyikirijwe Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iyo ntara igaragaza ko kuva Purusi Sadiki yatangira inshingano muri Kamena 2024, hari ibikorwa byinshi ashinjwa birimo kunyereza amafaranga yagenewe imishinga y’iterambere. Abadepite bayishyizeho umukono, barimo Wilondja Nepangi José, Karume Bahige Jean na Balungwe Fungulo Le Bon, bavuga ko mu gihe cyari hagati ya Kamena 2024 na Gashyantare 2025, ubwo ubuyobozi bw’intara bwari bukiri mu mujyi wa Bukavu, habuze asaga miliyoni 44 z’amadolari zari zigenewe ibikorwa bitandukanye.

Banavuga ko hari n’andi mafaranga menshi, agera kuri miliyoni 90 z’amadolari, yari yarahawe iyo ntara binyuze mu nkunga ya World Bank yo guteza imbere uturere twa Kalehe, Fizi, Uvira na Mwenga, nayo bavuga ko atagaragaye uko yakoreshejwe.

Nk’uko bakomeza babivuga, mu Gashyantare 2026, nyuma y’uko inzego za Leta zisubiye gukorera mu mujyi wa Uvira wari warigeze kugenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23, Guverineri yahawe miliyoni 1.7 z’amadolari zo gusubiza ibikorwa bya Leta ku murongo, ariko bakemeza ko ayo mafaranga atakoreshejwe icyo yari agenewe.

Hari kandi ibirego bifitanye isano n’umutungo wafatiriwe mu rubanza rwabereye i Bukavu mu ntangiriro za 2025, aho abaturage b’Abashinwa bakoreraga muri iyo ntara bakatiwe igifungo, hanafatirwa amafaranga agera ku bihumbi 400 by’amadolari n’udupaki 10 twa zahabu. Abadepite bavuga ko uwo mutungo waje kujya mu maboko ya Guverineri aho kuwubungabunga nk’umutungo wa Leta.

Ibyo birego byiyongeraho n’ibijyanye n’imodoka z’intara bivugwa ko zanyerejwe nyuma y’ihinduka ry’ubuyobozi mu mujyi wa Bukavu, ndetse no kudashyira mu bikorwa imishinga yo kuvugurura imihanda mu duce twa Baraka, Uvira na Kamituga.

Ku ruhande rw’umutekano, bamwe mu badepite bavuga ko Guverineri Purusi yavuze amagambo bashyira mu rwego rwo guca intege ingabo z’igihugu ndetse n’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, ndetse bakamushinja no gutangaza amagambo bashyira mu rwego rwo kugaragaza ko ashyigikiye abarwanyi ba AFC/M23, ibintu bavuga ko bidakwiye umuyobozi w’intara iri mu bibazo by’umutekano.

Icyakora, ibikorwa byakozwe na Guverineri Purusi mu ntangiriro z’inshingano ze nabyo byigeze kugarukwaho, aho yatangije ibikorwa byo kugenzura ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu rwego rwo kurwanya ubucuruzi bunyuranyije n’amategeko. Icyo gihe, hafashwe abaturage benshi b’Abashinwa, anatangaza ko sosiyete nyinshi zikorera muri iyo ntara zidafite ibyangombwa byemewe n’amategeko, ndetse ko zimwe zikoresha ibyangombwa byataye agaciro.

Mu magambo ye icyo gihe, Guverineri yanavuze ko hari ibigo byinshi by’Abashinwa bikorera muri Kivu y’Amajyepfo mu buryo bwa magendu, ndetse anavuga ko hari abayobozi bakuru b’igihugu bashobora kuba babifitemo uruhare, barimo Perezida Félix Tshisekedi, amagambo yateje impaka zikomeye mu gihugu.

Biteganyijwe ko Inteko Rusange y’abadepite bo muri Kivu y’Amajyepfo izaterana mu minsi iri imbere kugira ngo isuzume iyi nyandiko. Mu gihe abadepite benshi bazaba batakarije icyizere Guverineri Purusi, amategeko ateganya ko ashobora gusabwa kwegura ku mirimo ye.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger