AmakuruImikino

Umutoza wa Manchester United Michael Carrick yanditse amateka mashya

Umutoza wa Manchester United, Michael Carrick, akomeje kwandika amateka adasanzwe muri shampiyona y’u Bwongereza (Premier League), aho ubu ari mu batoza 10 bamaze igihe kirekire bayobora amakipe muri iyi shampiyona, nyamara amaze imikino 20 gusa ayoboye iyi kipe.

Iyi mibare igaragaza uburyo amakipe yo muri Premier League akomeje guhindagura abatoza mu buryo bwihuse, ku buryo abatoza benshi bagezweho bamara igihe gito ku mirimo yabo mbere yo gusimbuzwa.

Carrick yagizwe umutoza wa Manchester United muri Mutarama 2026 nyuma y’uko iyi kipe itandukanye na Ruben Amorim. Yabanje guhabwa inshingano by’agateganyo, ariko umusaruro yagaragaje watumye ubuyobozi bw’iyi kipe bumugirira icyizere, buhita bumuha amasezerano y’igihe kirekire.

Mu gihe Carrick amaze gukina imikino 20 ya Premier League ari ku ntebe y’abatoza ba Manchester United, amakipe umunani yo muri iyi shampiyona yamaze guhindura abatoza bayo, ibintu byatumye azamuka ku rutonde rw’abatoza bamaze igihe kinini kurusha abandi muri Premier League.

Ibi bigaragaza ko umwuga w’ubutoza mu Bwongereza urushaho gusaba gutanga umusaruro mu gihe gito, kuko amakipe menshi atagitindiganya gutandukana n’abatoza igihe batangiye kubona umusaruro utajyanye n’ibyo bifuza.

Nubwo Carrick akiri mushya muri uyu mwuga ku rwego rwo hejuru, yagaragaje ubushobozi bwo kuzamura umusaruro wa Manchester United. Mu mikino ya mbere yayitoje, yafashije iyi kipe kuzamuka ku rutonde rwa shampiyona ndetse anayisubiza mu marushanwa ya UEFA Champions League, ibintu byamuhesheje kugirwa umutoza uhoraho wa iyi kipe.

Uyu mugabo wigeze kumara imyaka 12 ari umukinnyi wa Manchester United, akinira iyi kipe imikino 464 ndetse agatwara ibikombe bitandukanye, ubu ari gushaka no kwandika amateka nk’umutoza. Abasesenguzi b’umupira w’amaguru bavuga ko kuba yaragaruye ituze n’icyizere muri Manchester United ari kimwe mu byatumye yizerawe n’ubuyobozi ndetse n’abafana.

Mu gihe Premier League ikomeje kwinjira mu gihe gishya kirangwa no guhindagura abatoza, Carrick ari mu bafite amahirwe yo kubaka umushinga w’igihe kirekire muri Manchester United, cyane cyane niba azakomeza gutanga umusaruro nk’uwo yagaragaje kuva yagera ku ntebe y’abatoza ba Red Devils.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger