AmakuruImikino

Mu mafoto uko byifashe mu Burusiya mbere gato yuko haba umuhango wo gutangiza imikino y’igikombe cy’Isi

Mu masaha ari mbere mu gihugu cy’ u Burusiya  haraba hatangiye imikino y’Igikombe cy’Isi, kuri ubu amakipe yose uko ari 32  yamaze kuhagera.

Amahoteli n’amastade  birateguwe ku buryo  kwakira abafana  n’abandi bashyitsi batandukanye nkuko bigaragarira abageze muri iki gihugu bimeze neza.  Abateguye iki gikombe cy’Isi bavuga ko amatike hafi ya yose yamaze kugurwa. Abantu batandukanye barimo abakuru bibihugu ndetse n’ abanyacyubahiro batandukanye nabo bamaze kwitegura kwitabira ibirori byo gutangiza ku mugaragaro imikono y’Igikombe cy’Isi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Perezida wa Repubulika Paul Kagame nawe yageze i Moscow aho aritabira ibirori byo gutangiza ku mugaragaro  iki gikombe kigiye kuba ku nshuro ya 21.

Umukino wa mbere ufungura iri rushanwa uzahuza Russia na Saudi Alabia ku isaa ya 5: 0o.

Amafoto y’uko byifashe mbere ho gato y’uko haba umuhango wo gutangiza igikombe cy’Isi

Imihanda yo mu Burusiya yuzuye urunjya n’uruza rw’abantu batandukanye baje kwitabira imikino y’igikombe cy’Isi
Imigi izabera mo imikino nayo itatse kuri ubu buryo buha ikaze abashyitsi
stade ya Luzhniki stadium izakira imikino 7 harimo umukino ufungura ndetse na Umukino wa nyuma (Final )
Umugi uzakira imikino myinshi y’igikombe cy’Isi , iyi ni ikibuga cya Luzhniki

Ku mazu atandukanye hari gushyirwa ibitambaro biha ikaze abashyitsi baje mu mukino y’Igikombe cy’isi

Twitter
WhatsApp
FbMessenger