AmakuruAmakuru ashushye

Kenya: Abanyagihugu barakajwe n’Abadepite 20 bagiye kwirebera imikino y’igikombe cy’Isi ku mafaranga y’igihugu

Abanyakenya batunguwe no kumva inkuru y’urugendo rw’abadepite makumyabiri bagiye murugendo rw’ibyumweru bibiri mu gihugu cy’Uburusiya  kureba imikino y’igikombe cy’Isi ku mafaranga y’Igihugu.

Ibi byaje biturutse ku ifoto y’umwe muribo Senateri Millicent Omanga  yashyize kurubuga rwa Facebook ari kuri sitade imwe iri kuberaho iyi mikino y’igikombe cy’Isi izasozwa ku wa 15 Nyakanga 2018.

Minisitiri wa Siporo Rashid Echesa yabwiye BBC ko  yahaye uruhusa abadepite batandatu gusa avuga ko   bagiye murugendo shuri ngo bige uko bakira imikino ikomeye nkiyi.

Igihugu cya Kenya ntikirajya mu mikino y’igikombe cy’Isi  kuri ubu kiri ku mwanya wa 112 ku  Isi ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA , gusa iki gihugu kizweho kugira abakinnyi beza basiganwa ku maguru  cyatanze kandidatire yo kwakira World Athletics Championships. mu 2023.

Abanyakenya barakaye bikomeye ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter bavuga ko ibi ari gusesagura amafaranga ava mu misoro y’igihugu. Hari amakuru avuga ko aba basenateri bahawe amatike y’indege y’imyanya y’icyubahiro “First Class ” bakaba bemerewe amadorali igihumbi kuri buri umwe  bakaba bazamarayo iminsi makunyabiri.

Umwe mubagiye muri uru rugendo  Senateri Millicent Omanga yafanaga ikipe ya Croatia ku mugoroba yatsinze Ubwongereza muri kimwe cya Kabiri.
Senateri Millicent Omanga ari kumwe n’abafana ba Croatia

 

Bamwe mu baturage ba Kenya ntibumva neza ibyo urwo rugendo babifata nko gusesagura amafaranga y’igihugu

Umwe mubasenateri Millicent Omanga yari yagiye kureba umukino w’Abongereza na Croatia

Twitter
WhatsApp
FbMessenger