AmakuruImikino

Icyatumye Paty Habarugira atandukana na RBA yari amazemo imyaka 10

Abakurikira ibitangazamakuru bya RBA bari bamaze igihe batumva batanabona umunyamakuru Patrick Habarugira mu biganiro bitandukanye bivuga ku mikino bakibaza aho yaba yaragiye.

Kuri ubu uyu munyamakuru ukunzwe n’abatari bake mu Rwanda mu biganiro bivuga kubijyanye na Siporo bimaze kwemezwa ko yatandukanye n’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru RBA (Rwanda Broadcasting Agency).

Uyu munyamakuru wari umaze imyaka icumi akorera RBA  yerekeje hanze y’u Rwanda uyu munsi  ku wa gatanu taliki 6 Kanama 2021.

Impamvu atumvikanaga mu biganiro bitandukanye ni uko uyu mugabo Patrick Habarugira yari amaze iminsi yitegura urugendo afite. aho  agiye gukomeza amashuri muri Canada.

Paty Habarugira  yemeza ko yamaze gutandukana na RBA ubu agiye gukomeza amashuri muri Canada mu ishami ryitwa Infographie en Journalisme i Quebec.

Paty avuga ko  agomba gusiga umuryango we, cyane ko we ahamya atari ngombwa ko bajyana muri Canada nubwo amasomo ye azamara imyaka ibiri. Paty yize mu Itangazamakuru muri ICK gusa nanone  yanabaye umwarimu mu gihe kigera ku myaka itatu.

Patrick Habarugira muri RBA,  azibukirwa kuri byinshi cyane ko yayoboraga ishami rya siporo muri iki kigo, mu gihe yari amaze muri iki kigo  cyane  mu itangazamakuru rya siporo yegukanye ibihembo bibiri nk’Umunyamakuru Mwiza wa Siporo mu 2017 no mu 2020.

Kumenyesha

Uramutse ukeneye kumenyekanisha ibikorwa byawe (kwamamaza) cyangwa gutanga itangazo runaka uhawe ikaze kuri Teradignews.rw.
Hamagara 0780341462 / 0784581663 // Whatsapp 0784581663 / 0789 564 452

Patrick Habarugira yerekeje Canada
Patrick Habarugira yize mu Itangazamakuru muri ICK
Paty murugendo rwe mu itangazamakuru yegukanye ibihembo bibiri nk’Umunyamakuru Mwiza wa Siporo mu 2017 no mu 2020.
Twitter
WhatsApp
FbMessenger