Ese Perezida Trump yaba yatinye imbaraga za Iran?
Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko yasubitse ibitero ingabo za Amerika zagombaga kugaba kuri Iran nyuma yo kubisabwa n’ibihugu binyuranye byo mu karere.
Amerika yagombaga kugaba ibitero kuri Iran ku wa 19 Gicurasi 2026.
Trump yavuze ko ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati byamubwiye ko hari ibiganiro bikomeye birimo kubaho bishobora kuzasiga Iran yemeye guhara ibyo gutunga intwaro za nucleaire.
Ubutumwa Trump yashyize kuri Truth Social buvuga ko ari ubusabe yahawe na Arabie Saoudite, Qatar na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Trump yashimangiye ko yabwiwe ko hateguwe amasezerano Amerika izemera kandi azaba arimo ko Iran itagomba gutunga intwaro z’ubumara. Gusa yashimangiye ko mu gihe bitagenda gutyo ingabo za Amerika ziteguye urugamba no kugaba igitero gikomeye kuri Iran.
Iran nta kintu yigeze ivuga ku byo Trump yatangaje.
Intambara ya Amerika na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026, yagize ingaruka zikomeye mu bukungu bw’Isi kuko yafunze inzira ya Hormuz inyuramo ibicuruzwa bitandukanye na 20% by’ibikomoka kuri peteroli byose bikoreshwa mu Isi.
