AmakuruAmakuru ashushye

Baherekeza bwa nyuma umunyamideli Masogange, Perezida Magufuri yatanze ubutumwa butungura abantu

Umunyamideli wari ukomeye cyane mu gihugu cya Tanzaniya Masogange wanakoreshwaga mu mashusho y’indirimbo zakunzwe cyane yasezeweho bwa nyuma nyuma y’urupfu rw’amayobera yapfuyemo ku wa Gatanu taliki ya 20 Mata 2018.

Uyu munyamideli yaguye mu bitaro biherereye I Dar Es Salaam azize urupfu rutunguranye , umuhango wo gusezera kuri  Masogange wabereye kuri Leaders Club mu Mujyi wa Dar es Salaam, witabiriwe n’abaturage bahatuye n’ibyamamare birimo abahanzi nka Ali Kiba n’abakinnyi ba filime bazwi muri Tanzania barimo Mrisho Mpoto, Jackline Wolper, Chege, Rammy Ghalis, Timbulo, Tunda, Kajala, Aunt Ezekiel , Oprah wahoze ari umugore wa nyakwigendera Katauti n’abandi.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezida wa Tanzania, Dr John Joseph Magufuli utabashije kuhagera kubera yari yagiye mu ruzinduko rw’akazi I Dodoma, bwasomewe muri uyu muhango, yihanganishije umuryango wa Masogange.

Yagize ati “Perezida Dr John Pombe Magufuli arabizi, ari mu rugendo rw’akazi mu Mujyi wa Dodoma, ariko yansabye ngo nihanganishe umuryango wa nyakwigendera wabuze umwana wawo. Urubyiruko nirwo ruzaragwa iki gihugu, kandi nirwo rugomba kukigeza aho rwifuza. Yababajwe (Perezida Magufuli) no kuba igihugu gikomeje gutakaza umubare w’ingabo zigomba kugeza Tanzania kure.”

Masogange azashyingurwa ku ivuko mu gace ka Utengule mu Mujyi wa Mbeya, kuri uyu wa Mbere taliki ya 23 Mata 2018.

Uyu munyamideli yitabye Imana nyuma y’ibyumweru bibiri Urukiko rwa Kisutu rwemeje ko agomba gufungwa imyaka ibiri nyuma y’uko rwamuhamije icyaha cyo gukoresha no gukwirakwiza ibiyobyabwenge. Yari mu itsinda rimwe na Diamond, Wema Sepetu, T.I.D, Idris Sultan, Vanessa Mdee, Nay Wa Mitego, Ray C n’abandi bari bakomeje gukorwaho iprererza.

Muri Gashyantare umwaka wa 2017, Masogange yafunzwe nyuma yo gufatanwa ibiyobyabwenge. Mu 2013 nabwo yafatiwe ku kibuga cy’indege cya O.R. Tambo International Airport muri Kempton Park, Gauteng, muri Afurika y’Epfo, we na mugenzi we Melissa Edward bafatanywe ikiyobyabwenge cya Methamphetamine (Meth) cyabariwe agaciro ka miliyoni 34 z’amashilingi ya Kenya.

Yasezeweho bwa nyuma

Twitter
WhatsApp
FbMessenger