AmakuruImyidagaduro

Irushanwa rya ArtRwanda-Ubuhanzi ryari ryakomereje i Huye na Rusizi. +AMAFOTO

ArtRwanda- Ubuhanzi irushanwa rigamije kuvumbura no kuzamura impano ziri mu rubyiruko hibandwa cyane ku bafite izihebuje no kubafasha kuzibyaza inyungu ryakomereje mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo  na Akarere ka Rusizi mu ntara yUburengerazuba kuri uyu wa gatandatu taliki ya 22-23 Nzeri 2018.

Iri rushanwa ryitabirwa n’urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 35 . Nyuma yutu turere iri rushanwa ryibanze rizasorezwa mu mujyi wa Kigali ku wa 29-30 Nzeri 2018. Abitabira irushanwa impano zimurikwa ni Ubugeni, Indirimbo n’Imbyino, Imideli, Ikinamico n’Urwenya, Filimi no Gufata Amafoto, Ubusizi n’Ubuvanganzo.

Hanyuma  Abazatsinda bazahugurwa  bafashwa kwagura impano yabo, bahura n’inzobere zitandukanye. Bazahabwa amafaranga n’ibikoresho bibafasha. ndetse hari n’umwanya wo gushyira ku isoko ibihangano byabo aho abafatanyabikorwa bazajya babafasha kubona urubuga rwo kugaragaza impano zabo muri gahunda zitandukanye .

  • Uko byari byifashe mu Karere ka Rusizi

Mu karere ka  Rusizi ho muntara y’Uburengerazuba ku munsi wa mbere w’aya marushanwa y’ibanze, hiyandikishije urubyiruko 325.

Akanama nkemurampaka i Rusizi kari kagizwe na Mani Martin, Sonia Mugabo, Ntarindwa Diogene ‘Atome’, Kibibi Jean de Dieu na Bruce Melodie.

Habimana Sylvère yabwiwe kujya kunoza imiririmbire ye maze asubiza ati “Nta gihe ngifite kuko imyaka yanjye izarangira vuba. Imyaka yanjye iri mu marembera”.

Mu karere ka Rusizi byari urwenya gusa gusa
Irakiza Erneste yatangaje we  abagize Akanama Nkemurampaka. Dore ko yinjiye atitira bikabije. Asabwe kwikuramo ubwoba, asubiza agira ati “mwite ku byo mvuga, ntimwite ku kuba ndi gutitira”!

Jean Damascène Habimana. uyu musore we yahisemo kuririmba indirimbo Anna Mariya’  indirimbo ibabaje ivuga kubuzima bwe .

 

Nzeyimana Luckman umunyamakuru uri gutegura ikiganiro cy’irushanwa kizaca kuri televiziyo Rwanda yongeye gutanga amahirwe  y’imbonekarimwe! yemerera umwe mubanyempano gukomeza nyuma yo kutanyura akanama nkempura mpaka kose.

Umunyamideli Aïsha Uwase  Imyambaro ye ntiyanyuze Akanama Nkemurampaka. Ariko Luckman Nzeyimana amuhesha amahirwe yo gukomeza.

 

Jean Baptiste Harerimana w’imyaka 25. Yigana inyamaswa hafi ya zose. Akanama Nkemurampaka kamwakiriye bidasanzwe!

Umubare munini w’abanyempano baturutse mu turere twa  Rusizi , Nyamasheke na Karongi  bageze imbere y’Akanama Nkemurampaka ni abahanzi /abaririmbyi b’indirimbo

Umusore witwa ‘Je t’aime’ yatunguye abagize akanama nkemurampaka. ku bwizina rye

Umusore witwa Bosco Ndagijimana w’imyaka 31 aramukije Akanama Nkemurampaka mu ndirimbo y’amashi yatunguye benshi.

Abanyempano bo mu Burengerazuba bigaragaje ku byino zigezweho muri Afurika nka Shoki na Shaku Shaku

Uyu yitwa Tuyishime Sadi,
Imwe mu bihangano byamuritse mu karere ka Rusizi
Uyu musore yerekanye ubuhanga bwe mu gucuranga igikoresho cya muzika

  • Uko byari byifashe mu karere ka Huye

Mu Karere ka Huye hiyandikishije abanyempano 415 naho umubare munini  wabamuritse impano  bari  abahanzi b’indirimbo.

Abagize akanama nkemurampaka mu karere ka Huye kari kagizwe na  Sandrine Isheja Butera, Jones Kennedy Mazimpaka,  Moses Turahirwa,  Jean-Marie Kabakera na Danny Vumbi.

Venuste Bagabo yariyaje kumurika ibihangani bye mu bugeni
Umunyabugeni w i Huye yatunguye umwana na se! ni ukuvuga Arthur Nkusi na Kennedy Mazimpaka abereka ibishushanyo yabakoreye
Abanyamideri baturutse i Karongi

Kimenyi Aws ni umunyamideli wo mu karere ka Karongi , yabwiwe na Mani Martin umwe mubagize akanama nkemurampaka  amwemerera ko bazakorana mu bihe biri imbere
Umukaraza w’umunyadushya! Mukanyandwi Claudine yakubise umurishyo w’ingoma i Huye biratinda.
Uyu mukaraza Mukanyandwi Claudine  yanerekanye imisatsi ye  avuga ko ifite inkuru idasanzwe

Arthur Nkusi umwe muzategura ikiganiro kizaca kuri televiziyo y’igihugu mu minsi ya vuba , aho kizaba cyerekana uko ijonjora ry’ibanze ryagenze
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yari yaje kwihera ijisho uko irushanwa riri kugenda mu karere ka Huye

Sandrine Isheja yafashije umwana umubyeyi wagaragazaga impano ye mu mivugo kuva agitangira kugera asoje.     

 

Amafoto : ArtRwanda-Ubuhanzi

Twitter
WhatsApp
FbMessenger