AmakuruImyidagaduro

T-Pain yafatanwe imbunda ari ku kibuga cy’Indege

T-Pain yafashwe n’inzego zishinzwe umutekano zamusanganye imbunda ubwo yari ku kibuga cy’indege cya Hartsfield-Jackson International yerekeza i Lubbock muri Leta ya Texas.

Uyu muhanzi umaze igihe kinini mu muziki  yafashwe ari kumwe n’umurinzi we  witwa Carlos Aleili Flores nawe wafatanwe igikapu cyari kirimo imbunda yo mu bwoko bwa masotera.

T- Pain nuyu murinzi we bakimara gufatwa  bahise bajyanwa ku cyicaro cya polisi kuri hafi y’icyo kibuga cy’indege  mu mujyi wa Atlanta, aho bagumishijwe igihe kigera ku isaha imwe bagikorwaho iperereza ngo hamenyekane imvano yo kugendana iyi mbunda.

Polisi, yahise isohora itangazo ryemeza ko uyu muraperi n’umurinzi we bafashwe banakorwaho iperereza  gusa   T-Pain yaje kwerekana icyangombwa cyimwemerera gutunga imbunda.

Inzego z’umutekano zivuga ko T-Pain ubusanzwe witwa Faheem Rashad Najm n’umurinzi we bagiye gukomeza gukurikiranwa hakamenyekana impamvu binjiranye iyi mbunda mu kibuga  kandi ubusanzwe abandi bagenzi iyo iyo bafite urugendo nk’uru  babanza  gushyikiriza intwaro zabo (iyo bazifite) inzegi zishinzwe umutekano cyangwa abshinzwe ingendo zo mu kirere  mu rwego rwo kurinda ikibazo cyavuka muri urwo rugendo,

T Pain nawe yaje kwemeza aya makuru abinyujuje ku rubuga rwa Instagram uyu munsi .
Imbuganda TMZ ivuga ko ariyo T-Pain yafatanywe
T-Pain ubwo yari ari ku kibuga cy’indege
Twitter
WhatsApp
FbMessenger