AmakuruImyidagaduro

Forbes yagaragaje Ashton Hall ukubutse mu Rwanda ku rutonde rukomeye

Umunyamerika Ashton Hall, uheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda, yagaragaye ku rutonde rwa Forbes Top Creators 2026 ruhuza abakora ibibera ku mbuga nkoranyambaga [ content] 50 binjirijeho amafaranga menshi kurusha abandi ku Isi.

Ashton Hall yaje ku mwanya wa 41, aho Forbes igaragaza ko yinjije miliyoni 10 z’Amadolari ya Amerika (arenga miliyari 14 Frw), biturutse ku bikorwa bye byo gukora amashusho ku mbuga nkoranyambaga, kwamamaza ibicuruzwa no kugurisha gahunda zifasha abantu gukora imyitozo ngororamubiri no kwita ku buzima.

Izina rye ryongeye kuvugwa cyane mu Rwanda muri Nyakanga 2026, ubwo yasuraga igihugu mu rugendo yakoreye muri Afurika. Muri urwo ruzinduko yakoranye amashusho n’umunyarwanda Enock Uwizeye uzwi nka Kagarara, anasura ahantu hatandukanye harimo Bigogwe.

Urutonde rw’ikinyamakuru Forbes rugaragaza ko abakora content 50 ba mbere ku Isi binjije hamwe arenga miliyari imwe y’Amadolari ya Amerika mu 2026, ibintu byerekana uburyo uru rwego rukomeje kuba ubucuruzi bukomeye ku Isi.

Ku isonga ry’uru rutonde haza MrBeast winjije miliyoni 300$, mu gihe IShowSpeed, na we uheruka gusura u Rwanda, aza ku mwanya wa munani nyuma yo kwinjiza miliyoni 30$.

Kwamamaza, amashusho ya YouTube, TikTok, Instagram, amasomo yo kuri internet n’ibicuruzwa bitandukanye ni byo byafashije Aston Hall n’abandi bari kuri uru rutonde kwinjiza amafaranga menshi.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger