AmakuruImyidagaduro

Uganda: Urukiko rw’Ubujurire rwahamije igihano cya Godfrey Wamala “Troy” ku rupfu rwa Mowzey Radio

Urukiko rw’Ubujurire muri Uganda rwemeje igihano cy’igifungo cy’imyaka 12 n’amezi atatu cyahawe Godfrey Wamala uzwi nka Troy, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica Mowzey Radio atabigambiriye.

Uyu muhanzi wamenyekanye cyane ku izina rya Mowzey Radio, akaba yari umwe mu bagize itsinda rya Goodlyfe Crew, yapfuye ku wa 1 Gashyantare 2018 nyuma y’iminsi arwariye mu bitaro bya Case Hospital i Kampala. Urukiko rwasanze ibyaha Wamala ashinjwa bifite ishingiro, rusanga igihano yahawe n’urukiko rwisumbuye cyari gikwiye.

Wamala yari yarajuririye icyemezo cy’urukiko rwamukatiye, avuga ko urubanza rwari rwuzuyemo kutumvikana kw’abatangabuhamya, ndetse anavuga ko igihano yahawe cyari kirengeje urugero. Gusa urukiko rw’Ubujurire rwatesheje agaciro ubujurire bwe, ruvuga ko urukiko rwari rwamukatiye rwabanje gusesengura ibimenyetso bihagije.

Mu rubanza rwa mbere, Wamala yari yakatiwe gufungwa imyaka 14. Ariko igihe yari amaze afunze by’agateganyo cyagabanyije icyo gihano, gisigara kuri imyaka 12 n’amezi atatu.

Wamala yakunze kugaragara mu bikorwa by’imyidagaduro, cyane cyane mu gace ka Entebbe. Ubushinjacyaha bwamushinje kuba ari we wakubise Mowzey Radio, bikamuviramo gukubitwa umutwe agitura hasi, ari nabyo byamuteye ibikomere byaje gutuma yitaba Imana.

Nubwo atahamijwe icyaha cyo kwica ku bushake, yahamijwe icyaha cyo kwica atabigambiriye, gihanwa n’amategeko ya Uganda. Kugeza ubu, Wamala azarangiza igihano cye mu mpera za 2030, keretse habaye impinduka zishingiye ku bundi bujurire cyangwa imbabazi za Perezida.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger