AmakuruImyidagaduro

#MissRwanda2019 : Mugabo Teta Nicole umukobwa wa nyuma usezerewe mu mwiherero w’irushanwa

Kuri uyu wa Kane taliki ya 24 Mutarama 2019 Mugabo Teta Ange Nicole, niwe mukobwa wa Gatanu usezerewe mu mwiherero wa Miss Rwanda 2019, ari nawe wanyuma utabashije kugira amahirwe yo kugera kuri final izaba ku wa  Gatandatu taliki ya 26 Mutarama 2019.

Mugabo Teta Ange Nicole asezerewe kuko atahiriwe mu matora yo ku butumwa bugufi (SMS) , mu kizamini bahawe ndetse na bagenzi be ntibamuha amahirwe yo gukomezanya nabo.

Mbere y’uko Ange asezererwa abakobwa bose uko bari 16 nawe arimo  bahawe ikizamini ku bijyanye n’ubwiza bufite intego, hashakishwa urara asezerewe nyuma y’abandi bane bamaze gusezererwa .

Nk’ibisanzwe abakobwa batanu baza imbere mu gutorwa biciye ku butumwa bugufi(SMS) bo bahita bakomeza ntamananiza, abasigaye bagatoranywa n’abagize akanama nkemurampaka bagendeye ku uko bitwaye mu kizamini bahawe.

Nyuma y’ikizamini bahawe na  Dr. Higiro Jean Pierre, hatoranyijwe abakobwa icyenda bagitsinze barimo Uwase Muyango Claudine, Gaju Anitha, Umukundwa Clemence , Mukunzi Teta Sonia, Mutoni Oliver, Uwase Sangwa Odille, Uwihirwe Yasipi Casimir, Nimwiza Meghan na Murebwayire Irene.

Abakobwa batanu bakomeje kubera amatora yo ku butumwa bugufi (SMS) barimo 1. Mwiseneza Josiane  wagize amajwi (71,241),2. Ricca Michealla Kabahenda (68,532), 3. Bayera Nisha Keza (57,866), 4. Niyonsaba Josiane (43,243), 5. Uwicyeza Pamella (42,579)

Mugabo Teta Ange Nicole na Inyumba Charlotte nibo basigaye imbere hagomba kuvamo utaha, nkuko bisanzwe bigenda abakobwa bagenzi babo bakomeje mu cyiciro cyari gikurikiyeho batora uwo babona uzakomezanya nabo umwiherero kugeza ku munsi wa nyuma w’irushanwa.

Mugabo Ange Nicole ntiyahiriwe naka kanya kuku yatowe n’abakobwa bagenzi be 6 naho Inyuma Charlotte bari bahanganiye uyu mwanya atarwa n’abakobwa 8, Mugabo Teta Ange asezererwa atyo.

Abakobwa 15 basigaye nibo bazegera kuri final hamenyekana umwe muri bo uzaba utsindiye ikamba rya Miss Rwanda 2019, ibirori bizabera i Rusororo mu Intare Conference arena ku wa 26 Mutarama 2019.

 

Dr. Higiro Jean Pierre watangije ibikorwa bya Miss Campus muri Kaminuza y’u Rwanda , irushanwa ry’ubwiza ryari ribayeho bwa mbere mu Rwanda nyuma ya Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994
Dr. Higiro Jean Pierre niwe watanze ikizamini abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2019 bakoze uyu munsi
Mugabo Teta Ange Nicole(23) na Inyumba Charlotte(33) nibo basigaye imbere hagomba kuvamo utaha
Abakobwa batanu bakomeje kubera amajwi y’abatoye kuri SMS
Mugabo Teta Ange Nicole(23) asezera kuri mugenzi we Inyumba Charlotte(33)

Twitter
WhatsApp
FbMessenger