Amakuru ashushye

Uwishe Bob Marley yageze aho arabyicuza, dore uko abivuga

Umukambwe w’imyaka 79 y’amavuko  wahoze akorera ikigo cy’ubutasi  CIA, muri leta zunze ubumwe za Amerika , Bill Oxley, afite agahinda kenshi ko kuba yarishe Bob Marly maze anagaruka kubundi bwicanyi 17 bukomeye  Amerika yakoze mu myaka ya 1974 na 1985.

Ibi Bill Oxley yabitangaje ubwo yaragiye kwitaba Imana kuwa mbere tariki ya 25 ugushyingo 2017 aho yararwariye mu bitaro bya  Mercy Hospital muri leta ya  Maine ubwo yatangazaga ko ananiwe kubaho nkuko yournewswire.com dukesha iyi nkuru ibitangaza .

Oxley, wakoreye CIA imyaka 29 ubwo yakoraga mubayobozi bakuru biki kigo cyubutasi, yavuzeko yakoreshwaga maze akica abantu bakomeye harimo na rurangiranwa mu muziki Bob Marly .

Uyu musaza yakoreshaga imbunda za mudahushwa (sniper) akaba yari ninzobere muguhagarika ndetse no gutera mu bantu  ibintu bibi nk’uburozi, ibiturika ndetse na Cancer.

Uyu musaza w’imyaka 79 kuri uyu wa mbere yatangaje ko afite ikimwaro kubera ubwicanyi yakoze  hagati ya nyakanga 1974 na nzeli 1985. Igihe cyose avuze CIA, ahita yongeraho ko ari ikigo kigendera kumategeko yacyo gusa yanakomeje avuga ko yakoranaga n’abantu batatu bakoraaga ubwicanyi bushingiye kuri politike mu bihugu by’amahanga.

Mubo bagendaga bica harimo abanyepolitie , abanyamakuru,n’abayobozi bimiryango runaka  ariko uyu musaza yongereyho ko banicaga umubare wutoya w’abasiyantifike ,abaganga babashakashatsi, abahanzi n’abandi babaga bafite ibitekerezo byiza by’ubaka ariko leta ya Amerika idashaka.

Bill Oxley yatangajeko yumvaga nta kibazo afite kujya kwica BOb Marley, kuberako yakundaga igihugu, yemeraga amahame ya CIA, kuberako ngo we yumvaga ko yabaga ari igitambo agiye gutanga kugirango ibyiza bibeho.

Oxley yakomeje avugakoBob Marley  weyari yihariye kandi ni inzirakarengane , uyu mukambwe ngo kuba yarishe Bob nicyo kintu yicuza mu buzima bwose yabayeho hano ku Isi.

Oxley yagize ati:“Abandi bo bari abantu babi ariko Bob Marley yari  Bob Marley.ntabushobozi mfite bwo kuba namugarura ku Isi ariko indirimbo ze zinkora kumutima , zipa izindi mbaraga.”

Kurundi ruhande bamwe bavugaga ko Bob Marley yari umugabo mwiza, afite ijwi ryiza, atanga ubutumwa kubantu benshi, ariko kuri Oxley, Bob Marley yari umuntu washakaga kuburizamo intego za  CIA muri Amerika.

Oxley ati “Bob Marley yashakaga gukora impinduramatwara ( revolution) akoresheje ibihangano bye nk’ibisasu bya kirimbuzzi bikomeye cyane.  Bob Marley mu  1976 yarakunzwe cyane ku isi kandi anashigikiwe , icyo gihe kandi yashakaga  guhindura isi nshya, igihe rero CIA yabibonye , umunya Jamaica  Bob Marley yari kubigeraho byihusecyane kuko yai umuntu udasanzwe, niyo mpamvu rero CIA yahisemo kumwica. 

Yakomeje agira ati :“Ntabwo twari kumwihanangiriza. Twohereje abasore bake ngo bajye kumurasa iwe muri Kingston, baramuteze atashye maze baramurasa nibwo bamuhushaga maze bakamurasa mu kaboko k’ibumoso ariko nyuma njye naje kumubona mu misozi aho yari yihishe .”

Ese ni gute Bob Marley yishwe  na CIA

Nyuma  y’iminsi ibiri Bob Marley arashwe mu kaboko nabasore batatu bari bamutegeye iwe murugo maze bakamuhusha, ni nanyuma kandi yuko yo kujyanwa mu bitaro,  Bob Marley yahise ajya mu musozi wa Blue Mountain muri Jamaica kwihisha maze ahamara igihe kirekire.

Aha niho  Oxley yasanze Bob kuberako yakoresheje ubwenge bwinshi cyane kugirango amufate , Oxley yiyise umufotozi ukorera ikinyamakuru cya New York Times maze agenera impano Bob Marley kugirango azamusabeko bahura maze akamwivugana .

Aha Oxley agira ati :“Bob namuhaye umuguru umwe w’inkweto yao mu bwoko bwa Converse All Stars. yari Nimero  Size 10. Yari yishimye , ubwo yarari kwigera mu kaguru k’iburyo nahise murasa maze mutera ubumara bwarimo indwara zitandukanye . “

Yongeyeho ati:“Icyakurikiyho niki? Ubuzima bwe bwari burabgiriye aha ,Ijosi ryahise rijya mu nkweto yari afite cancer nandi mavirusi yari yaratewe, uruhu rwe rwari rwacitsemo uduce , hari gukorwa iki?, ryari ijoro ryiza kubaganga.” 

Oxley yakomeje avugako  Bob Marley yapfiriye mu bitaro aho yarari kwifuriza mu bihugu bitandukanye nk’Ubufaransa i Paris, mu bwongerezano muri Amerika.

Ifoto yanyuma yifotozanyije na Oxley

Oxley yakomeje aganiriza umunyamakuru ati “Nyuma nahise numvako nakoze igikorwa cy’ubunyamaswa , maze mba hafi ya Bob Marley nkajya musaba gukurikiza inama z’abaganga , igihe namuboinye bwa nyuma mbere yuko apfa, yagaragaraga nabi cyane, ibiro bye byari bike cyane ,yarakonje cyane kandi ababaye cyane, Cancer yari ikoze akazi kayo. Umunsi apfa muri Miami, nagize agahinda gakomeye mu kazi kanjye narindimo.”

Robert Nesta Marley wamamaye cyane nka Bob Marley yavutse kuya 6 gashyantare  1945, avukira muri Jamaica. Yitabye Imana kuwa 11 gicurasi 1981 , yapfuye afite imyaka 36 apfira i Miami muri leta ya Frolida , yapfuye azize cancer y’uruhu  yatewe  yitwa Melanoma.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger