Nyagatare:Inzego zafashije umusore gutema ijosi ry’incuti ye
Nshimiyimana Robert wo mu Mudugudu wa Mugali, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare yatawe muri yombi azira gutema mugenzi we ijosi amutegeye aho ataha nyuma yo kubanza gushyamiranira mu kabari.
Uru rugomo rwabaye mu gicuku gishyira mu rukerera rwo ku wa Gatanu, ubwo abo basore babiri bari basangiye inzoga baje kugirana amakimbirane yaviriyemo umwe gutemwa ijoisi.
Abaturanyi bavuga ko Nshimiyimana Robert na mugenzi we uzwi ku izina rya Ildephonse bari basanzwe ari inshuti ndetse basangira akabisi n’agahiye.
Gusa ngo ubwo basangiraga baje kutumvikana ndetse bararwana byaje gutuma nshimiyimana ajya kuzana umuhoro iwabo ajya gutega mugenzi we aramutema.
Umuturage witwa Eric Niyotwagira yabwiye Imvaho Nshya ati”Twamenye aya makuru mu gitondo ubwo twasangaga aha huzuye abaturage bari baje kureba uko uyu mwana bamugize. Aba rero bari basangiye ku mugoroba wose ariko banatinda mu kabari aho umwe yabwiye undi impamvu we atagura hanyuma ildephonse amubwira ko niba adashaka gukomeza kumuha yabireka.”
Akomeza agira ati: “Uko kutumvikana byaje gutuma barwanira mu kabari bisa naho birangiye. Batashye Robert yaje kumutegera mu nzira barongera bararwana ariko kuko yabaye nkurushwa imbaraga yahise ajya kuzana umuhoro iwabo maze aza gutegera mugenzi we iwabo. Yuriye igiti kiri hafi y’amarembo undi agiye kwinjira yumva amukubise umuhoro ku ijosi ariruka n’umuhoro awuta aho.”
Yagize ati: “Twabyutse dusanga umwana ameze nabi avirirana twihutira kumugeza kwa muganga.Twakutse imitima kubona hari abantu bagifite umutima wo gukora ibyaha nk’ibi biganisha ku kubuza abandi ubizima. Ni yo abantu baba bafite ibyo bapfa ariko gufata umwanzuro wo gukora nk’ibi twabifashe nk’igitero yatugabyeho kuko yadusanze iwacu. Turasaba ko uwakoze ibi yakurikiranwa akabihanirwa.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagatare Ingabire Jeney yasabye abaturage kwirinda urugomo, abagiranye ibibazo bakegera ubuyobozi aho kwishora mu byaha byo kwihanira.
