Marcus Rashford agiye kubona ikipe nziza muri Espagne
Marcus Rashford w’imyaka 27 y’amavuko, ari mu nzira zo gusezera kuri Manchester United, aho amakuru avuga ko FC Barcelona yamugize umwe mu bakinnyi ba mbere yifuza ku mwanya w’abakinnyi bakinira ku ruhande rw’ibumoso.
Ibi bije nyuma y’uko Barça iretse gahunda zo kugura Luis Diaz wa Liverpool ndetse na Nico Williams wa Athletic Club, wasinye amasezerano mashya. Ubu, umutima w’i Catalonia wibereye kuri Rashford, umukinnyi ushaka gukora impinduka mu rugendo rwe rw’umupira.
Rashford yagarutse mu myitozo ya Manchester United ariko yamaze kubona ko atari mu mishinga ya Ruben Amorim, umutoza mushya wa United. Ni umwe mu bakinnyi batanu bemerewe gushaka andi mahirwe.
Amakuru avuga ko Rashford na we ashishikajwe n’igitekerezo cyo kwerekeza muri Espagne, aho ashaka gukina Champions League ndetse akaba atiteguye gusubira mu makipe yo mu mujyi wa Londres.
Nubwo nta kipe iratanga ubusabe ku mugaragaro, Barcelona yiteguye kugerageza byose kugira ngo igure uyu mukinnyi, nubwo igihangayikishije ari imishahara ihambaye Rashford ahembwa, n’ingorane z’amategeko ya LaLiga ku bijyanye n’ingengo y’imari.
Manchester United yo, ifite icyifuzo cyo kumugurisha burundu, aho kumutiza cyangwa kumuhuriza mu masezerano yo guhererekanya abakinnyi. Ibi bigasaba Barça ubushishozi mu kugena uburyo bwo kumubona.
Rashford ashobora kuba ari we mukinnyi ukurikira uzambara ubururu n’umutuku bwa Barça, niyongera kwigaragaza nk’umukinnyi ushaka gutera intambwe ikomeye. Amaso yose ari kuri Camp Nou na Old Trafford.