AmakuruPolitiki

M23 igereje igice gikomeye cya DRCongo

Umutwe wa M23, urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ukomeje kugaba ibitero ugana ku santere ya Shabunda mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ukomeje guhangana n’ingabo za Leta n’imitwe y’abasivili yitwa Wazalendo.

Shabunda ni imwe muri za teritwari zifatiye runini ubukungu bwa RDC, kubera ubwinshi bw’amabuye y’agaciro ayibonekamo, cyane cyane zahabu. Ibi byatumye haba ishingiro ry’inyungu hagati y’ingabo za Leta n’imitwe y’abaturage isanzwe ihakorera.

Guhera ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, imirwano hagati ya M23 n’abarwanyi ba Wazalendo yongeye kwiyongera mu bice byo muri Kabare na Walungu. Abarwanyi ba M23 babashije kwigarurira uturere twa Chulwe, Kishadu, Lubimbe 1 na Lubimbe 2 muri Kabare, bigatuma babona inzira iberekeza muri Shabunda.

Ku itariki ya 6 Ukwakira, amakuru yemeje ko intambara yari imaze kugera mu ishyamba rya Kibandamangobo, muri teritwari ya Shabunda, ndetse no mu bice bya Lubimbe, Luntukulu na Mulambula.

Amakuru yo ku wa 7 Ukwakira agaragaza ko M23 yakomeje kugera imbere, yigarurira ahari Luntukulu na Chulwe, bigatuma ibona inzira yoroshye igana kuri santere ya Shabunda ndetse na Mwenga. Abenshi mu barwanyi bunganira Leta ya RDC bivugwa ko bahunze ibyo bice.

Ingabo za Leta n’abarwanyi ba Wazalendo bahangayikishijwe no kuba M23 ishobora gufata Shabunda mu gihe gito. Ku wa 7 Ukwakira, byatangajwe ko ingabo za Leta zarashe amasasu mu kirere, abaturage bakeka ko ari ikimenyetso cy’uko M23 yaba imaze kwegera cyangwa kwinjira muri ako gace.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger