Ingabo 461 zari mu Burasirazuba bwa RDC zatashye zinyuze mu Rwanda
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Kamena 2025, ingabo 461 zari zoherejwe mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zatangiye urugendo rwo gusubira iwabo zinyuze ku butaka bw’u Rwanda.
Izi ngabo zituruka mu bihugu bibiri: 317 ni abo muri Afurika y’Epfo naho 144 bakomoka muri Malawi. Zafashe imodoka za RITCO 11 zari ziherekejwe n’inzego zishinzwe umutekano w’u Rwanda mu rwego rwo kuzirinda no korohereza urugendo.
Zambutse ku mupaka wa ‘Grande Barrière’ hafi saa tatu z’igitondo, zerekeza i Kigali mbere yo gukomereza mu rugendo rujya muri Tanzania, aho zizafatira indege zisubira mu bihugu byazo.
Gutaha kw’izi ngabo ni igice cy’ikorwa ry’umwanzuro wafashwe tariki 13 Werurwe 2025 n’abakuru b’ibihugu bigize SADC, nyuma y’uko inama idasanzwe yabaye ku wa 8 Gashyantare 2025 ihuje ibihugu bya SADC n’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yemeye ko ikibazo cya RDC gikwiye gushakirwa umuti binyuze mu biganiro bya politiki aho gukomeza imirwano.
Zimaze igihe zikorera muri RDC guhera mu Ukuboza 2023, izi ngabo zari zifatanyije n’ingabo za Leta ya Congo mu guhangana n’umutwe wa AFC/M23. Ariko, imirwano ikomeye yo mu mpera za Mutarama 2025, aho aba barwanyi bigaruriye imijyi ya Sake na Goma, yatumye uyu muhate w’izi ngabo ubura umusaruro.
Nubwo umugambi wo kuzicyura wari watangiye ku wa 12 Kamena 2025, waratinze kubera impaka ku buryo bw’ikoreshwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma, cyari cyarafashwe n’ingabo za Leta mbere yo guhunga. Umutwe wa AFC/M23 warwanyije icyo gitekerezo, bigatuma SADC isaba u Rwanda inzira yo ku butaka nk’uburyo bwizewe.
Ni uko rero igice kimwe cy’izi ngabo cyatangiye gusubizwa iwabo, ibikorwa bikaba bikomeje mu byiciro kugeza ubutumwa bwabo burangiye burundu.