AmakuruPolitiki

Igusirikare cya Israel cyafashe umuganbi mushya kuri Iran

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko kigiye guhamagaza inkeragutabara z’iki gihugu zirenga ibihumbi 100 nk’uburyo bwo guhangana na Iran byuzuye.

Ku wa 28 Gashyantare 2026 ni bwo Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byagabye ibitero simusiga kuri Iran, ku ikubitiro bihitana benshi barimo abayobozi bakuru mu ngabo z’iki gihugu barenga 40, barimo n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei.

Iran na yo yagabye ibitero ku nyungu za Israel na Amerika ziherereye mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati nka Qatar, UAE, Kuwait, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq, ari na ko igaba ibitero kuri Israel.

Mu guhangana n’ibyo Igisirikare cya Israel cyavuze ko kigiye gukora ku nkeragutabara zayo kugira ngo ihangane na Iran byuzuye.

Mu itangazo IDF yakomeje iti “Igisirikare kiri kwitegura guhamagaza inkeragutabara ibihumbi 100 mu buryo bwo gukomeza kwitegura ku rugamba rwa ‘Roaring Lion’.”

Iran na yo yatangaje ko gupfa kwa Ayatollah Ali Khamenei nta ngaruka nyinshi byagize kuko ngo iki gihugu kidashingira ku muntu umwe. Umuvugizi w’iki gihugu yavuze ko na bo biteguye kurwana kugeza ku ifirimbi ya nyuma.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger