AmakuruUtuntu Nutundi

Kigali:Imodoka yagendaga mu muhanda yafashwe n’inkongi irashya irakongoka

Mu karere ka Nyarugenge, mu mujyi wa Kigali imodoka yagendaga mu muhanda yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka kuri uyu wa 08 Mata 2023.

Ababibonye batangaje ko iyi modoka yo mu bwoko bwa “Minibus” yari igeze imbere ya Glory Hotel hafi y’isoko rya Nyarugenge.

Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa Saba z’igice. Abantu babiri ni bo bari muri iyo modoka gusa babonye ko itangiye gushya, bahise bayivamo bwangu, bose ntacyo babaye.

Ntabwo icyateye iyi modoka gukongoka kiramenyekana ariko Polisi yahageze ije gutabara isanga yahiye cyane.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger