AmakuruImikino

Ikipe ya Manchester United yashyizwe ku Isoko n’a The Glazers yari iyimaranye imyaka 17

Abacuruzi b’Abanyamerika bo mu muryango wa The Glazers, bari bamaze imyaka 17 bafite mu biganza byabo ikiipe ya Manchester United bagiye kugurishwa nyuma yo gukomeza kumvikanamo umwuka mubi bikekwa ko ari nabyo biyidindiza.

Itangazo ryemeza gahunda yabo yo kugurisha iyi kipe ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Avram na Joel Glazer ba nyiri iyi kipe bagize bati “Tuzasuzuma uburyo bwose kugira ngo tumenye neza ko dukorera neza abafana bacu kandi ko Manchester United yabonye amahirwe yose yo gutera imbere muri iki gihe ndetse no mu gihe kizaza”.

Amakuru aremeza ko gahunda ya Glazer ari iyo kugurisha iyi kipe vuba kandi inzira irakomeje.

Abafana ba Manchester United bamaze imyaka myinshi bifuza ko aba baherwe barekura ikipe yabo kubera ko nta musaruro mu kibuga bayihaye uko babyifuza.

’Aba banyamerika batavugwaho rumwe biteguye kugurisha iyi kipe burundu, biteganijwe ko igiciro cyayo kizabaari miliyari 9 z’amapound.

Ibyo byatuma United iba ikipe ya mbere ifite agaciro kanini kw’isi,kuko yarenga Dallas Cowboys bivugwa ko ifite agaciro ka miliyari 7.23 z’amapawundi.

United ntabwo yegukanye igikombe cya shampiyona kuva Sir Alex Ferguson yayivamo muri 2013, cyangwa igikombe icyo aricyo cyose kuva 2017.

Nyamara ba Glazers bo bari barajwe ishinga no kubona inyungu nini muri iyi kipe baguze miliyoni 790 z’ama pound muri 2005.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger