AmakuruImikino

Cristiano Ronaldo yasezeranyije abanya-Portugal ko agiye gushyira akandi gahigo mu ikipe y’igihugu

Cristiano Ronaldo watsinze igitego cya kabiri mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’uburayi 2020, wabereye muri Luxembourg warangiye Portugal itsinze Luxembourg ibitego 2-0 ihita inakatisha itike yo kuzakina Euro2020, Cristiano yasezeranyije abanya Portugal ko agiye gukuraho agahigo k’umukinnyi watsindiye igihugu cye ibitego byinshi mu mateka.

Igitego Cristiano Ronaldo yatsinze Luxembourg ku munota wa 86 w’umukino, cyuzuzaga ibitego 99, uyu musore amaze gutsindira igihugu cye , Arabura igitego kimwe gusa kugira ngo ace agahigo ko kuba umukinnyi wa kabiri wujuje ibitego ijana atsindiye igihugu cye mu mateka y’umupira w’amaguru nyuma y’umunya Iran Ali Daei.

Ali Daei w’imyaka 50 y’amavuko ni umunya Iran wakiniye amakipe akomeye byumwihariko yo mu budage arimo Hertha Berlin na Bayern Munich mu myaka ya 1999-2002,niwe ufite agahigo kuri iyi  Isi ko kuba ariwe mukinnyi watsindiye ikipe ye y’igihugu ibitego byinshi, mu myaka 13 Ali yakiniye Iran yakinnye imikino 149 atsinda ibitego 109.

Kuri ubu  uyu  Ali Daei atoza ikipe ya SAIPA  y’iwabo muri Iran yigeze gukinira. Mu magambo make Ronaldo yagize ati” Uduhigo twose tugomba gukurwaho akaba ari nge udusigarana”.

Christiano Ronaldo w’imyaka 34 y’amavuko, uyoboye ubusatirizi bwa Juventus de Turin yo mu butaliyani ndetse n’ubusatirizi  bw’ikipe y’igihugu ya Portugal akanayibera kapiteni, amaze kuyitsindira ibitego 99 mu mikino 164 yakinnye.

Ikipe y’igihugu ya Portugal itozwa na Fernando Santos yasoje imikino yo mu matsinda iri ku mwanya wa kabiri inyuma ya Ukraine yasoje ari iyambere irusha Portugal amanota atatu, aya makipe abiri ya mbere yahise abona tikeya EURO 2020.
Christiano Ronaldo w’imyaka 34  amaze guitsindiraikipe y’igihugu  ibitego 99 mu mikino 164 yakinnye.
Twitter
WhatsApp
FbMessenger