AmakuruImyidagaduroUmuziki

Abahanzi bazaririmba kuri final ya Miss Rwanda2018 bamenyekanye

Umuhango wo gutanga ikamba rya Nyaminga w’u Rwanda 2018 uzaba ku italiki ya 24 Gashyantare uyu mwaka    umuhango uzabera muri Kigali Convention Center. Yvan Buravan na Jules Sentore nibo bamaze kumenyekana nkabahanzi bazaririmba muri uyu muhango.

Aba basore bombi Yvan Buravan na Jules Sentore si ubwa mbere bazaba baririmbye muri ibi birori kuko Jules Sentore yaririmbye mu muhango  wo gutoranya Nyampinga w’u Rwanda 2015 ndetse no m’umwaka  wari ukurikiyeho wa 2016 w’irushanwa, naho kuri Buravan nyuma ya 2016, iyi iza ari inshuro ya kabiri aririmbye muri uyu muhango wo guhitamo nyampinga w’u Rwanda.

Yvan Buravan uyu mwaka bizaba ari inshuro ya kabiri aririmbye muri ibi birori.
Jules Sentore usanzwe amenyerewe munjyana gakondo ku inshuro ya gatatu nawe azaba ari  mubazasusurutsa abazaba bitabiriye ibirori byo gutanga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2018

Muri Uyu muhango wo gutora Nyampinga w’u Rwanda Sonia Rolland wabaye Nyampinga w’Ubufaransa  mu 2000, azaba ari umwe mu bagize akanama nkemurampakamuri uyu mwaka.

Sonia Rolland wabaye Nyampinga w’Ubufaransa mu 2000, aza ari mukanama nkempurampaka muri ibi birori bya Miss Rwanda2018

 

Abakobwa makumyabiri (20) bamaze iminsi bari mumwiherero nibo bazatoranywamo umwe uzambikwa ikamba rya Nyampinga w ‘u Rwanda 2018 ndetse agahabwa n’ibisonga bye. Kwinjira muri ibi birori bizaba ari amafaranga ibihumbi bitanu b’amafaranga y’u Rwanda (5.000Rwf) mu myanya isanzwe, Ibihumbi icumi (10.000rwf) mu myanya y’icyubahiro hamwe bakunze kwita VIP. Gusa indi tickect ihari ni ibihumbi magana atanu (500.000rwf) ku meza y’abantu icumi.

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger