AmakuruAmakuru ashushye

Uko abantu bakiriye igitekerezo cya Perezida Kagame utemeranya n’ingingo yo gutuka no gusebya umukuru w’igihugu

Ibiro bya Perezida wa Repubulika byasohoye itangazo ritemeranya n’umwanzuro w’urukiko rw’Ikirenga ruherutse gufata wo gushyira mu mategeko mpanabyaha ingingo irebana no gutuka cyangwa gusebya umukuru w’igihugu.

Perezida Kagame ntiyemeranya n’Umwanzuro w’Urukiko rw’Ikirenga ku ngingo y’itegeko rihana umuntu wahamijwe icyaha cyo gusebya Umukuru w’Igihugu, avuga ko icyo kitari gikwiye kuba icyaha mpanabyaha ahubwo ari icyaha mbonezamubano.

Iyo ngingo ya 236 iteganya ko utuka cyangwa usebya Perezida wa Repubulika, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko itarenze imyaka irindwi n’ihazabu irenze miliyoni 5 Frw ariko atarenze miliyoni zirindwi.

Itangazo ry’ibiro bya Perezida wa Repubulika ryo ku wa 25 Mata 2019 rivuga ko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yubaha ubwigenge bw’ubucamanza.

Yubaha umwanzuro uherutse gufatwa, ariko ntiyemenyeranya no kugumisha mu mategeko mpanabyaha ingingo y’itegeko irebana no gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu, kandi na we ari umuyobozi w’Igihugu. Yemera ko ari imbonezamubano aho kuba icyaha mpanabyaha.

Itangazo ry’Umukuru w’Igihugu ritemeranya n’umwanzuro w’urukiko, rivuga ko Perezida Kagame yizeye ko hazakomeza kubaho ibiganiro kuri iyi ngingo y’ingenzi.

Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye bakoresha imbuga nkoranyambaga nka Twitter bagiye bagaragaza uko bakiriye iri tangazo ry’umukuru w’igihugu ritemeranya n’umwanzuro w’urukiko.

Benshi bagiye bagaragaza kwishimira igitekerezo cya Perezida Kagame ndetse ko batewe inshema n’ibiterezo bye ndetse no kutishyira hejuru akaba umuyobozi w’iguhugu nk’abandi bityo bakaba batewe ishema no kuba Abanyarwanda.

Twishimiye kwakira iki gitekerezo cy’Umukuru w’Igihugu tuzakomeza kugira uruhare mubiganiro bizakomeza kuri iyi ngingo , twizeye ko ibi bizongera imbaraga ry’itangazamakuru mugutanga ibitekerezo  .
Christopher Kayumba asubiza igitangazamakuru Daily Manitor yagize ato “Ubu Perezida Kagame yabivuze mu giterezo cye yatanze yavuze ko adakeneye uburinzi buhamabaye kuri iritegeko kuko nawe ari Umuyobozi w’Igihugu nk’abandi, byumvikane neza Urukiko rukuru ntabwo ruriho ngo rungamire amategeko asanzwe avuga ko abanyarwanda bose bangana imbere y’amategeko, Perezida w’Igihugu nawe niko abyizera”
Perezida Kagame yasabye ko habaho ibiganiro ku ngingo zihana icyaha cyo gusebya Umukuru w’Igihugu
Christopher Kayumba asubiza igitangazamakuru Daily Manitor yagize ato “Ubu Perezida Kagame yabivuze mu giterezo cye yatanze yavuze ko adakeneye uburinzi buhamabaye kuri iritegeko kuko nawe ari Umuyobozi w’Igihugu nk’abandi, byumvikane neza Urukiko rukuru ntabwo ruriho ngo rungamire amategeko asanzwe avuga ko abanyarwanda bose bangana imbere y’amategeko, Perezida w’Igihugu nawe niko abyizera”
Uyu aragira ati Ndemeranya n’iki gitekerezo cyawe Nyakubahwa, mu ijambo rimwe, Dukomeze umuco uturanga n’umurage mwiza twahawe, Ariko byaganirwaho neza iyi ngingo ikanozwa.
Uyu aragira ati “Nkunda  Perezida wacu, yubaha uburenganzira bw’ubucamanza . Ibiganiro birakomezo , ibi ni uburenganzira bwo kuvuga , Kumva amajwe yose /impane zombi nibwo buyobozi bwiza. Wakoze Nyakubahwa, Perezida”

Uyu we aragira atai “Rimwe na rimwe sinumva neza ‘Demokarasi’ ibaze gutuka Umukuru w’Igihugu  witwaje ngo ni  ‘Uburenganzira bwo kuvuga’ ubwo ni uburenzira nyabaki ?”

Uyu we aragira ati”Iyi niyo mpamvu umutima wanjye uzakomeza gukunda Paul Kagame kugeza mfuye”

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger