AmakuruAmakuru ashushye

Mu mafoto ibyaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame mu nama ya G7 mu Bufaransa

Perezida Kagame ari mu Mujyi wa Biarritz mu Bufaransa, kuva ku wa 25 Kanama 2019, aho yitabiriye inama ya G7, u Rwanda rwatumiwemo  hamwe n’ibindi bihugu bitari ibinyamuryango bya G7 birimo Australia, Burkina Faso, Chile, Misiri, u Buhinde, Sénégal na Afurika y’Epfo..

Inama ya G7 iri kuba ku nshuro ya 45, yitabiriwe n’abarimo abayobozi b’ibihugu bigize G7 (Canada, u Bufaransa, u Budage, u Butaliyani, u Buyapani, u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika) n’abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Mu mafoto ari ku rubuga rwa Perezidansi y’u Rwanda, agaragaza Perezida Kagame ko yahuriye mu biganiro n’abayobozi batandukanye bitabiriye inama ya G7 barimo Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau. Aba bombi bagiranye ibiganiro byihariye byibanze ku mubano w’ibihugu byombi.

Iyi nama yahuje abakuru b’ibihugu batandukanye bateraniye muri Hôtel du Palais iherereye muri Biarritz kuva ku wa 24–26 Kanama 2019.

Mu bikorwa, Perezida Kagame yagaragayemo ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe mu Bufaransa harimo isangira ry’abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye inama ya G7. Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi uyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ni we wayoboye iryo sangira ryanitabiriwe na Perezida wa Sénégal, Macky Sall; uwa Burkina Faso, Roch Kabore; uwa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat.

Perezida Kagame yanahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa. Ni mu gihe umubano w’ibihugu byombi wagarutsemo ubuyanja.

Indi foto yagarutsweho cyane ni igaragaza Perezida Kagame akikijwe n’abakuru b’ibihugu barimo na Chancelier w’u Budage, Angela Merkel, bateze ugutwi ikiganiro cye yarimo atanga.

Perezida Kgame  kandi yitabiriye inama yahariwe Afurika yiswe “G7 & Africa Partnership” yibanze ku ruhare rw’abagore mu kwihangira imirimo, iterambere ry’ikoranabuhanga no guhangana na ruswa.Yanaganiriwemo byimbitse ibibazo by’umutekano muri Libya n’uw’Akarere ka Sahel mu Majyaruguru ya Afurika

Kuri uyu wa Mbere, ku munsi wa nyuma w’Inama ya G7, Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama yiga ku “kirere, urusobe rw’ibinyabuzima n’inyanja.’’

Perezida Kagame yagaragaye agaragiwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida wa Sénégal, Macky Sall na Chancelier w’u Budage, Angela Merkel

Perezida Kagame witabiriye inama ya G7 mu Bufaransa yakiriwe mu cyubahiro gikwiye Umukuru w’Igihugu

Perezida Kagame yitabiriye isangira ry’abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Inama ya G7

Abayobozi ba Afurika bari bafite akanyamuneza ko guhurira ku meza amwe baganira
Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu Nama yibanze ku ruhare rw’abagore mu kwihangira imirimo, iterambere ry’ikoranabuhanga no guhangana na ruswa
U Rwanda rwatumiwe mu Nama ya G7 hamwe n’ibindi bihugu bitari ibinyamuryango birimo Australia, Burkina Faso, Chile, Misiri, u Buhinde, Sénégal na Afurika y’Epfo

Perezida Kagame atanga ibitekerezo. Yari agaragiwe na Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi (hagati) na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

 

Kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame yatanze ikiganiro mu nama yiga ku “kirere, urunyurane rw’ibinyabuzima n’inyanja’’
Uhereye ibumoso: Perezida wa Sénégal, Macky Sall; Emmanuel Macron w’u Bufaransa; Abdel Fattah el-Sisi wa Misiri na Perezida Kagame w’u Rwanda
Perezida Kagame asuhuzanya na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron

 

Perezida Paul Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudea
Aba bombi baherukaga kuganira ubwo Inama ya G7 yaberaga muri Canada muri Kamena 2018

Perezida Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu byatumiwe muri G7 bafashe ifoto y’urwibutso n’abayobora ibihugu by’ibihangange ku Isi
Twitter
WhatsApp
FbMessenger