AmakuruImyidagaduro

Kanye West yarize ubwo yasabaga imbabazi ku magambo aherutse gutangaza k’ubucakara bw’Abirabura

Kanye West yafashwe n’ikiniga ubwo yari mu kiganiro kuri radiyo asaba imbabazi ku byo yavuze mu minsi ishize avuga ko kuri we abona imyaka yose abirabura bamaze mu bucakara yumvikana nk’aho yari amahitamo yabo.

Uyu muhanzi yavuze ko mubyukuri atabona amagambo asabamo imbabazi ngo azihabwe , yagize ati “Sinzi ko narabonye uburyo bwanyabwo nasabamo imbabazi buri muntu wese wababajwe ni byo navuze k’ubucakara.”

Ubwo yari mu kiganiro na radiyo yo mu mujyi wa Chicago  WGCI 107.5 Wednesday ababaye cyane yafashe umwanya asaba imbabazi , “Ndashaka gufata uyu mwanya ngasaba imbabazi abantu bose nakomerekeje kubwa biriya navuze k’ubucakara.”

Uyu muraperi w’imyaka 44 yahakanye iby’umwuka mubi (beef) wavuzwe hagati ye na Drake avuga ko aribyo abanu bahimba ndetse anagaruka kubye na Trump ibintu byatumye yotswa igitutu na bamwe mu bafana be aryozwa ko yari aherutse kugaragaza ko akunda Perezida Donald Trump ndetse agatungurana mu magambo yumvikanisha ko amufata nk’umuvandimwe we.

Kanye West ubwo yari mu kiganiro cyari cyiganjemo impaka yagiranye na bamwe mu banyamakuru ba TMZ mu biro byayo, Kanye West  yagize ati “Iyo wumvise imyaka 400 y’ubucakara[…]Imyaka 400 koko? Ibyo byumvikana nk’amahitamo.”

Ibi bikaba  byari byakuruye impaka nyinshi haba mu cyumba cyabereyemo ikiganiro ndetse no ku mbuga nkoranyambaga usangaho ubutumwa bwinshi n’amafoto amuninura ku byo uyu muraperi yavuze, hakaba n’abagaragaje kumirwa cyane bafata ifote ye bamuhindura isura bamusanisha n’abazungu.

Kanye West yateje impagarara avuga ko gukoreshwa ubucakara yari amahitamo y’abirabura
Kanye West yari ababaye cyane ubwo yasabaga imbabazi kuri Radiyo

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger