AmakuruUmucoUtuntu Nutundi

Irebere uburyo abakobwa bo mu bwoko bw’aba Surma bashaka ubwiza ku mubiri bakoresheje Inzembe (Amafoto)

Suri cyangwa Surma ni ubwoko bw’abantu babarizwa mu manjyepfo ya Ethiopia mu kibaye cya Omo akenshi usanga batunzwe no korora  inka cyane ndetse bakaba bazwiho no gutaka imibiri yabo mu buryo budasanzwe, abagabo n’abana bo muri ubu bwoko bakunda kunywa amaraso y’inka cyane.

Umunyamakuru Eric Lafforgue ukorera  igitangazamakuru cya Daily Mail dukesha iyi nkuru  yageze   muri aka gace gatuyemo aba bantu bo mu ubu bwoko bw’aba Surma, yavuze ko igikorwa cyo gutaka imibiri yabo bayitaka gitwara iminota igera ku Icumi. Ni gikorwa kibabaza cyane ariko igitangaje ubona buri mwana wese w’umukobwa ashishikariye ashaka  iki gikorwa.

Umwana w’umukobwa utarakorewe uyu mihango  bifatwa nkaho ntabwiza afite  bamufata nkaho ari mubi cyane Kuburyo mu basore baho biba bigoranye kubenguka bene uyu mukobwa utarakorewe iyi mihango, ni nayo mpamvu usanga buri mwana wese w’umukobwa ugeze mu kigero cy’imyaka icumi atangira kwisabira ababyeyi be ko yakorerwa iyi mihango akagaragara neza mubandi kuko biba bitangiye kumutera imfunwe iyo agiye mu bandi atarakorwe uyu muhango wo kumutaka ku mubiri basa nabawutaka mu rwego rwo kugaragara neza.

Ubu bwoko bw’aba Suri / Surma buhereye  mu kibaya kiri hafi y’umugezi wa Omo mu manjyepfo y’igihugu cya Ethiopia. Ku bantu barebye filime ya Black Pather hagaragaramo ubu bwoko bw’aba Surma.

Iyo umukobwa bamaze kumutaka ku mubiri inkovu zaho bagiye bakata ni uku haba hameze , ibi nibyo baba bifuza ku mibiri yabo.
Mu isura ntibatinya kuhakata no kwitobora bidasanzwe bashaka ubwiza.
Biba bimeze nk’imitako bashyize ku mubiri
Aban bato bakura banywa amaraso y’inka

umwana muto w’umukobwa iyo yatangiye gukura

Irwanyi zo muri ubu bwoko Suri /Surma barwangwa no kwisiga ibumba ry’umweru cyane bakagenda bashushanya aho bagiye basiga ku mubiri.
Abagore bo mu bwoko bw’aba Suri na Mursi bamenyekanye cyane kubera akaziga bashyira ku munwa wo hasi nk’ikimenyetso cy’ubwiza
Abagabo nabo bakora uyu muhango mu rwego rwo gutaka umubiri
Abana bato barangwa n’inyogosho idasanzwe ku mitwe yabo

Twitter
WhatsApp
FbMessenger