AmakuruImikino

Ikipe y’igihugu ya Uganda yamaze gusesekara mu Rwanda yitwaje abakinnyi 25

Ikipe y’igihugu ya Uganda yageze mu Rwanda aho ifitanye umukino n’Amavubi Stars,w’umunsi wa gatatu w’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Qatar mu 2022.

U Rwanda ruzakira Uganda mu mukino w’umunsi wa gatatu wo mu Itsinda E uzabera i Nyamirambo ku wa Kane, tariki ya 7 Ukwakira, guhera saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye gukina na Uganda mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Mu mikino 34 imaze guhuza ibihugu byombi by’ibituranyi, kuva mu 1986, Uganda yatsinze 15, u Rwanda rutsinda 10.

Kuri ubu, u Rwanda ni urwa nyuma mu Itsinda E n’inota rimwe mu mikino ibiri imaze gukinwa mu gihe Uganda ifite amanota abiri inganya na Kenya, inyuma ya Mali ifite ane ku mwanya wa mbere.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger