Amakuru ashushyeImikino

EUFA Champions league: Real Madrid igomba gucakirana na Bayern Munich

Nyuma ya Tombola ya 1/2 y’uko amakipe agomba gucakirana muri EUFA Champions league, irushanwa riruta ayandi ku mugabane w’Uburayi, ikipe ya Real Madrid igomba gucakirana na Bayern Munich, mu gihe Liverpool yisanze hamwe na AS Roma.

Nyuma yo gutungurana gukomeye kwagiye kuba muri EUFA Champions league y’uyu mwaka, birasa n’aho noneho ko igiye kugera ku musozo dore ko habura imikino 3 yonyine kuri buri kipe kugira ngo haboneke igomba gusimbura Real Madrid ifite iki gikombe cy’umwaka ushize.

AS Roma ni imwe mu makipe yatunguranye cyane muri rino rushanwa ry’uyu mwaka, nyuma yo kuyobora itsinda yarimo kumwe na Chelsea, yabisubiyemo isezerera ikipe ya FC Barcelona yahabwaga amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma muri iri rushanwa, inaba ikipe ya gatatu mu mateka y’iri rushanwa yashoboye gukomeza kandi mu mukino ubanza yaratsinzwe byibura ibitego 3-0.

Iyi Roma igomba kwisobanura na Liverpool yageze muri 1/2 yandagaje Manchester City nyuma yo kuyisezerera ku bitego 5-1.

Umukino karundura muri iri rushanwa ni ugomba guhuza Ikipe ya Real Madrid na Bayern Munich imaze no kubona umutoza mushya, Niko Kovac ugomba gusimbura umukambwe Jupp Heynckes yo yageze muri iki kiciro isezereye FC Seville ku bitego 2-1.

Aya makipe yaherukaga gucakirana muri iki kiciro muri Champions league y’umwaka ushize, aho Real Madrid yasezereye ikipe ya Bayern Munich ku bitego 6-3.

Iyi Real Madrid yo yageze muri 1/2 cy’irangiza nyuma yo gusezerera Juventus ku bitego 4-3, aho igitego kitavuzweho rumwe cya Christiano Ronaldo kuri Penaliti ari cyo cyafashije iyi kipe y’ubwami bw’i Madrid kugera muri iki cyiciro.

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger