AmakuruImyidagaduro

Eddy Kenzo n’umukobwa ucururiza i Kigali bari mu munyenga w’urukundo bagiye kwibaruka imfura

Umukobwa w’umuherwe ukorera mu Rwanda yatewe inda n’umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Uganda uzwi nka Eddy Kenzo.

Hari amakuru ko umuhanzi Eddy Kenzo yamaze gutera inda Bellinda Myra Bhakresa, umukobwa wa nyiri Azam basigaye bakundanye muri iki gihe.

Amakuru ava mu nshuti za hafi z’uyu mukobwa Myra avuga uyu atwite inda y’amezi atanu, akaba yiteguye kubyarira Eddy Kenzo.

Ikinyamakuru CelebPatrol cyo cyemeza ko ayo makuru ari impamo 100%.

Impande zombi nta n’umwe uragira icyo avuga kuri ayo makuru. Eddy Kenzo we yari aherutse kwemera ko akundana na Myra.

Eddy Kenzo ari mu munyenga w’urukundo n’ikizungerezi gikorera ubucuruzi mu Rwanda (Amafoto)

Yanditwe na Didier Maladonna

Twitter
WhatsApp
FbMessenger