AmakuruImikino

AS Kigali yasinyishije Rutahizamu mushya w’Umurundi

Ikipe ya AS Kigali ubu iri ku mwanya wa 12 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda y’icyiciro cya Mbere, nyuma yo kugaragaza ko ifite ikibazo mu busatirizi bwayo yamaze gusinyisha rutahizamu mushya w’Umurundi imuha amasezerano y’imyaka 2.

Nyuma y’umukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona, wasize AS Kigali iri ku mwanya wa 12 n’amanota 19 n’umwenda w’ibitego 5.

Umutoza wayo bwana Eric Nshimiyima nyuma y’umukino yanganyijemo na Rayon Sports 0-0 yavuze ko ikipe ifite ikibazo muri ba Rutahizamu aho yifuza kongeramo abandi.

Yagize ati: “Nk’uko nagiye mbivuga na mbere dufite ibibazo bya rutahizamu, twabonye uburyo bune mu kibuga twagombaga kuvanamo ibitego. Twabonye inota rimwe ariko byari byiza ko tubona atatu.”

Tumubajije abandi bakinnyi azongera muri AS Kigali, yavuze ko imaze kugura umukinnyi Kayitaba Bosco ukina anyuze ku ruhande.

Nshimiyimana yavuze ko As Kigali yamaze gusinyisha Alex Orotomel, na  Sidi Abdallah wakiniye Vital’O.

Ati Ni umukinnyi bazi cyane i Burundi, hari n’undi usatira unyuze ku ruhande uzava muri Repulika ya Demokarasi ya Congo.”

Sidi Abdallah yahawe amasezerano y’imyaka ibiri.

Uyu mukinnyi w’imyaka 19 yatsinze ibitego 13 mu mikino 18 yakiniye ikipe ya Vital’O mu mwaka ushize, naho muri uyu mwaka nyuma yo kujya muri Rukinzo yatsinze ibitego 6 mu mikino 8 yakinnye mu gice kibanza cya shampiyona.

AS Kigali ni imwe mu makipe yakoresha amafaranga menshi mu kugura abakinnyi kuva mu mpeshyi ya 2019, aho bamwe bakunda kuyigereranya na PSG yo mu Bufaransa igura abakinnyi bahenze cyane.

Ubu iri ku mwanya wa 12 n’amanota 19 n’umwenda w’ibitego 5, irusha amanota 11 Heroes FC iri ku mwanya wa nyuma, ikarushwa na APR ya mbere amanota 20.

AS Kigali yatangiye shampiyona ihabwa abahirwe yo gutwara igikombe, ariko yagiye inganya kenshi, umutoza akavuga ko ubusatirizi bwayo budakomeye.

Sidi Abdallah yifozanya umwambaro wa AS Kigali
Sidi Abdallah yahawe nimero 14

Twitter
WhatsApp
FbMessenger